Rubavu: njyanama yasabye ko ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelle buseswa

Ikipe ya Etincelle na Marine, amakipe abarizwa mu karere ka Rubavu

Ikipe ya Etincelle na Marine, amakipe abarizwa mu karere ka Rubavu

Mu nama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye taliki ya 11/1/2013 yasabye ko ubuyobozi bw’ikipe y’amaguru y’akarere ka Rubavu Etincelle bwavaho igacungwa n’akarere kubera imiyoborere mibi yaranze iyi kipe bigatuma idatera imbere.

Inama njyanama y’akarere ikaba isaba ko mu cyumweru kimwe hagiye gushyirwaho komite izajya iyobora iyi kipe yakunze kugira ibibazo by’imicungire mibi.

Inama njyanama y’akarere ka Rubavu ikaba ifashe iki cyemezo nyuma y’uko abakinnyi b’ikipe ya Etincelle bandikiye umuyobozi w’akarere ka Rubavu bamumenyesha ibibazo ikipe ifite biterwa n’abayobozi bayiyobora ndetse bakagenera inyandiko inama njyanama.

Bimwe mubyo abakinnyi barega ubuyobozi bwa Etincelle busanzwe, birimo imicungire mibi, ndetse abakinnyi basabye perezida w’ikipe Dukuze Christian kwegura nyuma yo gutsindwa na Kiyovu.

Abakinnyi bavuga ko kudatanga umusaruro bikomoka k’ubuyobozi bw’ikipe birimo kutabahembera igihe ndetse n’abayobozi b’ikipe ntibasure ikipe ku kibuga, ubu ikipe ya Marine nayo ibarizwa mu karere ka rubavu ikaba iza imbere ya Etincelle bitewe n’ubuyobozi bubi.

Ikipe ya Etincelle ubu ibarizwa ku mwanya wa 13 k’urutonde rw’amakipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda aho  imaze gutsinda imikino ibiri n’amanota 9. Abakinnyi bakavuga ko ubuyobozi bw’ikipe butajya butumiza inama y’abafana ahubwo iyoborwa n’abantu babiri barimo perezida n’umwungirije Niyibizi Yves.

Akarere ka Rubavu kagiye gucunga ikipe ya Etincelle nyuma y’uko yari isanzwe ifashwa n’abafana, akarere kakaba karemeye gushyiramo miliyoni 35 mu ngengo y’imari y’uyu mwaka, abagize inama njyanama bakaba bavuga ko akarre kagomba kuyicunga kandi kakayifasha kugera k’umwanya wa mbere hagira n’ikibazo kakabibazwa.

 

 

 

This post was written by

Gilbert – who has written posts on Umupira-Kinyarwanda, Rwanda Sports, African Football, European Football, Soccer, Basketball, Sports.
A native of Gasabo, Gilbert is an alumnus of the National University of Rwanda (Faculty of Arts,Media and Social Sciences) and has 8 valuable years of experience as a freelance sports columnist for various magazines in Rwanda & Africa. Before joining as Chief Editor of Umupira, he was the Assistant Coach of an U-14 school football team in Kigali. An expert in interpreting and organizing premium sports content, he has revolutionized Umupira, making it the foremost authority on sports in Rwanda.

Email

There are no comments, yet.

Why don’t you be the first? Come on, you know you want to!

Leave a Comment


Facebook Like Box provided by plumber orange county